• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 3, 2025
in Amakuru
0
Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Rutahizamu wa Liverpool n’Ikipe y’Igihugu ya Portugal, Diogo Jota, wari ufite imyaka 28, yitabye Imana ari kumwe n’umuvandimwe we Andre Silva yo gukora impanuka ikomeye y’imodoka.

Inkuru y’Urupfu rw’uyu mukinnyi rwatangajwe n’ikinyamakuru Marca cyo kuri Espgane mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nyuma y’impanuka y’imodoka yabereye mu Ntara ya Zamora muri Espagne.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Iki kinyamakuru cyatangaje ko imodoka barimo yerenze umuhanda, kandi bombi bahasize ubuzima.

Hari hashize ibyumweru bibiri Jota ashyingiranywe n’umukunzi we Rute Cardoso mu bukwe bwabereye i Porto.

Urugendo rwa Diego Jota muri Ruhago

Diego Jota yatangiye gukina ruhago mu Ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paços de Ferreira iwabo muri Portugal, mbere yo kwerekeza muri Atlético Madrid mu 2016.

Muri iyi kipe yo muri Espagne ntabwo yatinzeyo kuko yahise atizwa muri FC Porto y’iwabo yavuyemo yerekeza muri Wolverhampton Wanderers (Wolves) mu 2018.

Jota yamaze imyaka ibiri muri iyi kipe yo mu majyepfo y’u Bwongereza mbere yo kwerekeza muri Liverpool muri Nzeri 2020.
Muri Liverpool yatwayemo ibikombe bibiri bya Premier League birimo igiheruka cya 2024/25, yegukanye ibindi bikombe birimo FA Cup na Carabao Cup.

Yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Portugal mu Ugushyingo 2019, yakinnye Igikombe cy’u Burayi cya 2022 na 2024. Yatwaye UEFA Nations League inshuro ebyiri na Portugal harimo n’iheruka yatwaye muri Gicurasi 2025.

Previous Post

Not Thieves, But Wife, Cleared Funds Out Of Customer Account, Says BRI

Next Post

RDF yakoze impinduka ku mpuzankano zayo

Next Post
RDF yakoze impinduka ku mpuzankano zayo

RDF yakoze impinduka ku mpuzankano zayo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved