Perezida wa Yanga SC yo muri Tanzania, Eng Hersi Ally Said yemeje ko izaza mu Rwanda mu gihe cya vuba.
Uyu mugabo yabigarutseho mu kiganiro kigufi yagiranye n’umunyamakuru wa Isibo FM, Mugenzi Faustin nyuma y’umukino yatsinze Simba SC ibitego 2-0 ikegukana Igikombe cya Shampiyona.
Uyu munyamakuru akibwira Hersi ko yaturutse mu Rwanda, yashyize hasi umwana yari ateruye maze amubwira ko bazaza mu Rwanda vuba.
Yagize ati “Turi umuryango. Yanga ni ikipe y’abaturage na Rayon Sports ni uko. Tuzaza mu Rwanda.”
Uyu muyobozi yavuze ibi, mu gihe itsinda rya Rayon Sports riyobowe na Perezida Twagirayezu Thaddée, Uwimpuhwe Liliane ushinzwe imari na Mushimire Claude uri muri komisiyo ishinzwe gushakira iyi kipe amikoro bari muri Tanzania ndetse banakurikiye umukino wa Yanga na Simba.
Iri tsinda ryageze muri Tanzania ku wa Kabiri, rihura na Perezida wa Yanga, Hersi wari ukubutse muri Amerika.
Amakuru avuga ko icya mbere cyaganiriweho ari ugutumira iyi kipe kuzitabira Rayon Day ndetse yarabyemeye, hategerejwe ko ibyemeza mu buryo bwemewe cyangwa bw’inyandiko, hakanemezwa itariki umukino uzaberaho.
Biteganyijwe kandi ko ku wa Kane, tariki ya 26 Kamena 2025 ibiganiro bizakomeza ndetse biziyongeramo ibyo gutizwa abakinnyi babiri bari bavuzwe ko bazahabwa Gikundiro.
Abo ni Jonathan Ikanga Lombo ukomoka muri RDC n’Umunya-Kenya, Duke Abuya.
Rayon Sports iteganya ko Umunsi w’Igikundiro uzwi nka Rayon Day uzaba hagati ya tariki ya 26 Nyakanga n’iya 9 Kanama 2025.




