• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kayonza: Umugabo wasambanyije umwana we kuva afite imyaka 7 yatawe muri yombi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 23, 2025
in Amakuru
0
Kayonza: Umugabo wasambanyije umwana we kuva afite imyaka 7 yatawe muri yombi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Inzego z’ibanze mu Karere ka Kayonza zatangaje ko umugabo w’imyaka 58 ukekwaho gusambanya umukobwa we kuva afite imyaka irindwi kugeza ubu agejeje imyaka 25, yatawe muri yombi.

Yatawe muri yombi mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umukobwa yasambanyaga kuri ubu afite imyaka 25 ariko akaba avuga ko yatangiye kumusambanya afite imyaka irindwi.

Uyu mukobwa yabwiye ubuyobozi ko Se yagiye amusambanya inshuro nyinshi bikanamutera gutoroka iwabo ajya gushakisha imibereho.

Nyuma uyu mukobwa ngo yaje kwandura Sida, asubiye iwabo Se na none arongera ashaka kumusambanya, undi arabyanga ahubwo abibwira nyina kuko atifuzaga kumwanduza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Kagabo Jean Paul, yatangaje ko amakuru bamenye ari uko uwo mugabo yatangiye gusambanya umwana we w’umukobwa afite imyaka irindwi, bituma umwana atoroka aragenda kuko yatinyaga kubivuga kuko yumvaga ko Se yamumerera nabi.

Ati “ Nyuma yaje kugaruka, agarutse na none Se arongera bituma yongera arigendera, gusa ntituzi ngo bwo yagiye afite imyaka ingahe.”

“Umukobwa rero yageze aho abibwira nyina, yamubwiye ko se ashaka kumufata kungufu kandi ko arwaye Sida adashaka kwanduza nyina ni uko byamenyekanye.’’

Kagabo yavuze ko uwo mugabo kuri ubu yamaze gutabwa muri yombi ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hakorwe iperereza kuri iki cyaha akekwaho.

Ati “ Ubutumwa dutanga, turasaba abaturage gutanga amakuru. Uyu mwana yasambanyijwe kera niba koko yarasambanyijwe afite imyaka irindwi ubu afite imyaka 25 ntabwo bikwiye, turabasaba gutangira amakuru ku gihe kuko ubuyobozi buriho kugira ngo bubafashe.’’

Uyu muyobozi yavuze ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ndego mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane niba koko yarasambanyije uyu mukobwa we.

Previous Post

Ngororero: Imodoka yaritwaye abagenzi yakoze impanuka igwa mu mugezi abantu 18 barakomereka

Next Post

Inzu iri i Kayonza yashyizwe muri 24 nziza ku Isi kubera ubuhanga yubakanywe [Amafoto]

Next Post
Inzu iri i Kayonza yashyizwe muri 24 nziza ku Isi kubera ubuhanga yubakanywe [Amafoto]

Inzu iri i Kayonza yashyizwe muri 24 nziza ku Isi kubera ubuhanga yubakanywe [Amafoto]

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved