Dusangeyesu Joseph w’imyaka 53, wo mu Karere ka Rutsiro yuriye igiti agiye guca amapera, arahanuka ahita apfa.
Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Gabiro mu Mudugudu wa Rwangoma.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musasa, Bisengimana Janvier, yavuze ko umurambo wahise ujyanwa ku kigo nderabuzima cya Musasa.
Ati “Nibyo koko Dusangeyezu yuriye igiti cy’ipera kiri iwe mu rugo agiye guca amapera arahanuka yikubita hasi arapfa.”
Amakuru avuga ko umugore we witwa Mukashema Marie ari we wabonye umugabo ahanuka muri icyo giti yihutira guhuruza umuturanyi, kuko yibwiraga ko yavunitse ariko barebye basanga yapfuye.
Umurambo wahise ujyanwa mu buruhikiro bw’Ikigo nderabuzima cya Musasa, ariko ubwo twakoraga inkuru warimo ushakirwa uko ujyanwa ku bitaro bya Murunda kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.




