• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rutsiro: Umwana yanze gusiba ishuri kuko bamusigiye murumuna we ahitamo kujya gukora ikizamini amuhetse [Amafoto]

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 19, 2025
in Amakuru
1
Rutsiro: Umwana yanze gusiba ishuri kuko bamusigiye murumuna we ahitamo kujya gukora ikizamini amuhetse [Amafoto]
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Habumugisha Serge, umunyeshuri w’imyaka 11 wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza, mu Karere ka Rutsiro, yatangaje benshi ubwo yajyaga ku ishuri ahetse murumuna we, nyuma yo kwanga gusiba ikizamini kuko nyina yamumusigiye agiye kwa muganga.

Amakuru avuga ko uyu mwana bari basigiye Habumugisha afite umwaka n’amezi abiri.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ibi byabereye mu Murenge wa Kivumu, Akagari ka Karambi ku Rwunge rw’amashuri rwa Gahondo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivumu, Icyizihiza Alda, yashimye ubutwari bwa Habumugisha wanze gusiba ishuri, agahitamo kujya mu kizamini ahetse murumuna we.

Ati “Nyina witwa Nikobahoze Marie Claire yari yazindukiye kwa muganga, asiga abwiye Habumugisha ko agaruka vuba akabona kujya ku ishuri, ariko yagezeyo abaganga ahasanze bamubwira ko ategereza akavurwa n’abaza ku manywa, byatumye atinda gutaha umwana nawe yumvishe ku ishuri batangiye aheka murumuna we kubera kwanga gusiba ikizamini.”

Yakomeje avuga ko ubuyobozi bw’ishuri bwabonye Habumugisha aje ahetse murumuna we buhamagara umubyeyi we, aza kumutwara.

Yanaboneyeho gushima ubutwari bwa Habumugisha wanze gusiba ikizamini ngo ni uko bamusigiye murumuna we, yibutsa ababyeyi ko batagomba gusibya abana ishuri ngo bari kwita kuri barumuna babo.

Previous Post

Umufana ukomeye wa APR FC yasezeranye imbere y’amategeko

Next Post

RIB yataye muri yombi Ingabire Victoire

Next Post
RIB yataye muri yombi Ingabire Victoire

RIB yataye muri yombi Ingabire Victoire

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved