• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kamonyi: Umuyobozi w’ishuri arashinjwa kugurisha ibiryo by’abanyeshuri

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 19, 2025
in Amakuru
0
Kamonyi: Umukozi w’Umurenge yatawe muri yombi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri abanza cya Munoga, arashinjwa kugurisha ibiro 150 by’ibiryo by’abanyeshuri yitwaza ko agiye kwishyura umwenda ishuri ribereyemo abandi bantu.

Amakuru avuga ko ibyo biryo uyu Muyobozi ashinjwa kugurisha yabihaye umugore bafitanye isano akabeshya abo bakorana ko yamwishyuraga ideni yafashe nyuma ya COVID-19.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abatanze amakuru bavuga ko mbere yo kugurisha ibyo biryo, yabanje gukora inyandiko ikubiyemo amasezerano y’ubugure bakavuga ko iyo nyandiko atari ukuri kuko nta mwenda bazi ishuri rifitiye uwo muntu.

Umwe yagize ati: ”Twabimenyesheje inzego z’Ubuyobozi bw’Umurenge batubwiye ko bafashe ibyo biryo ariko umuyobozi we yacitse.”

Gitifu w’Umurenge wa Ngamba, Munyakazi Epimaque yatangaje ko ibiryo Nsengimana ashinjwa kugurisha babifatanye umuguzi ubu bakaba babigaruje.

Ati”Yakoze ikosa ryo gushaka kwishyura ideni mubyo kurya kandi bitemewe. Byambuwe uwo yari yishyuye kandi bitemewe.”

Gitifu Munyakazi avuga ko ibyo bagaruje ari ibiro 100 byuzuye umufuka.

Ati ”Tugiye gukora raporo tuyishyikirize ubuyobozi bw’Akarere buzabimubaze.”

Andi makuru kandi avuga ko Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Munoga yahamagajwe ku Murenge kugira ngo asobanure impavu yagurishije ibiryo by’abanyeshuri, ariko yanga kwitaba.

Bamwe mu bo bakorana bavuga ko uriya muyobozi w’ishuri akimara kumva amakuru ko ibiryo byafashwe atongeye kugaragara ku ishuri.

Ishuri rya Munoga riherereye mu Mudugudu wa Munoga, Akagari ka Kazirabonde, Umurenge wa Ngamba.

Previous Post

RDC: Lt Gen Jean-Claude Yav Kabeya wahoraga iburyo bwa Tshisekedi yatawe muri yombi

Next Post

Nyanza: Umusore warumaze iminsi yaraburiwe irengero yasanzwe mu gishanga yapfuye

Next Post
Nyanza: Umusore warumaze iminsi yaraburiwe irengero yasanzwe mu gishanga yapfuye

Nyanza: Umusore warumaze iminsi yaraburiwe irengero yasanzwe mu gishanga yapfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved