• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda [Amafoto]

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 18, 2025
in Amakuru
0
Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda [Amafoto]
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka idasanzwe ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda ya kaburimbo.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, yavuze ko iyo modoka yifashisha ibiroso n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu gusukura, kandi ikaba idateza ivumbi cyangwa indi myanda mu gihe iri mu kazi.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Ati: “Iyi modoka ifite ikigega gikusanyirizwamo umwanda, ikawujyana aho ugomba gushyirwa. Ifite kandi amatiyo y’amazi asukura amapine cyangwa imodoka yose igihe ari ngombwa.”

Yakomeje ashimangira ko iyi modoka itagamije gusimbura abakozi basanzwe bakora isuku, by’umwihariko abagore bashimirwa uruhare rukomeye mu gutuma Kigali ihora isukuye.

Ati: “Iyi modoka ikora nijoro, kandi ntishobora kwinjira mu miyoboro y’amazi cyangwa ahandi nk’ubusitani. Abakozi bazakomeza inshingano zabo nk’uko bisanzwe.”

Umujyi wa Kigali ukomeje kwesa imihigo nk’umwe mu mijyi ya mbere isukuye kandi igezweho muri Afurika, ukaba uri mu mijyi ikunzwe cyane na ba mukerarugendo.

Mu mwaka wa 2023, Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere mu mijyi 30 yakozweho ubugenzuzi ku bijyanye n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga.

Ni mu gihe uyu mujyi uherutse kuza ku mwanya wa kabiri mu mijyi ibereye guturwamo no gushorwamo imari muri Afurika, nk’uko bigaragara ku rutonde rwakozwe na The Africa Report ku bufatanye na Jeune Afrique.

Muri Gicurasi, Ishyirahamwe Mpuzamahanga ritegura Inama n’Amahuriro (ICCA) ryashyize Kigali ku mwanya wa kabiri mu mijyi ikunzwe muri Afurika mu kwakira inama mpuzamahanga n’ibindi bikorwa.

Mu mwaka ushize, u Rwanda rwakiriye abasaga 52,000, binjije miliyoni zirenga 84 z’amadolari y’Amerika, nk’uko byemezwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku nama (RCB).


Previous Post

Umuraperi Fireman yinjiye mu bukomisiyoneri bw’ibibanza

Next Post

Nyamasheke: Ubuyobozi bwafunze restaurant 40 kubera umwanda

Next Post
Nyamasheke: Umukobwa w’imyaka 22 yiyahuye abitewe n’uko nyina yamwise umukeba we

Nyamasheke: Ubuyobozi bwafunze restaurant 40 kubera umwanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved