• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gatsibo: Urujijo ku murambo w’umukarani wasanzwe ku muhanda

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 15, 2025
in Amakuru
0
Gatsibo: Urujijo ku murambo w’umukarani wasanzwe ku muhanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugabo w’imyaka 40 wari umukarani mu Karere ka Gatsibo, umurambo we wasanzwe ku muhanda bikekwa ko yaba yishwe, inzego z’umutekano zivuga ko zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

Umurambo w’uyu mugabo wagaragaye ku wa Gatanu tariki ya 13 Kamena 2025, aho wagaragaye ku muhanda munini wa kaburimbo mu Mudugudu wa Mahoro mu Kagari ka Kanyangese mu Murenge wa Rugarama.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Umwe mu baturage bawubonye yavuze ko uyu mugabo yari asanzwe ari umukarani ariko ko abaturage banamukekagaho kuba umujura kuko ngo hari ibintu byinshi bakundaga kubura bakabimushinja.

Ati “ Niba yishwe ntabwo tubizi, niba wenda yishwe no kutaruhuka ntabwo tubizi gusa twumvise ko umurambo we wabonywe ku muhanda.’’

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamduni, yabwiye IGIHE ko koko umurambo w’uyu mugabo wagaragaye ku muhanda ariko ngo inzego z’umutekano zahise zitangiza iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

Yagize ati “Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Kiziguro ubu igikurikiye ni uko RIB yahise itangira iperereza, ikizavamo nicyo kizagaragaza icyamwishe. Nta bikomere yagaragazaga ku mubiri uretse ibikomere bike yari afite ku kibuno ibindi reka tubiharire iperereza.’’

SP Twizeyimana yakomeje asaba abaturage kugira uruhare mu kwirindira umutekano banatanga amakuru ku bashaka guhungabanya umutekano. Yavuze ko Polisi itazareberera abakora ibikorwa by’urugomo cyangwa abakora ibyaha binyuranye.

Previous Post

ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z ‘U RWANDA

Next Post

Amerika: Abaturage bakoze imyigaragambyo yo kwamagana igitugu cya Trump

Next Post
Amerika: Abaturage bakoze imyigaragambyo yo kwamagana igitugu cya Trump

Amerika: Abaturage bakoze imyigaragambyo yo kwamagana igitugu cya Trump

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved