• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inkuru ibabaje: Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 13, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Inkuru ibabaje: Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Kamena 2025, nk’uko byatangajwe na Junior Giti usanzwe areberera inyungu z’uyu muhanzi.

Uyu mubyeyi yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Nyarugenge. Yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Kamena 2025.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Junior Giti yagize ati “Yari amaze iminsi arwaye, yewe na nijoro twavuganaga atubwira ko yumva ameze neza mu gitondo ari butahe, ariko dutunguwe n’ukuntu twakiriye inkuru y’uko yitabye Imana.”

Mu minsi ishize nibwo Chriss Eazy yatangiye kugaragara ari kumwe n’umubyeyi we kuri shene ya Youtube baganira ku bintu bitandukanye, by’umwihariko bakajya no mu buzima bwite bw’imikurire y’uyu muhanzi.

Uyu mubyeyi wari uherutse guhishura ko yihebeye indirimbo ‘Inana,’ y’umuhungu we, yitabye Imana yaragize amahirwe yo kubona umuhungu we akabya inzozi zo kuba umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda.

Mu kiganiro bari baherutse gushyira hanze, uyu mubyeyi yabwiye Chriss Eazy ko urwibutso amufiteho kuva mu bwana, ari umunsi yavutseho kuko uwo munsi yavukanye umunaniro.

Ati “Wavukanye inzara ikabije, bituma muganga akujyana mu mashini zita ku bana. nubwo wari uruhinja, wavukanye amahane, wanga kukajyamo bituma muganga avuga ko nubwo wavukanye inzara, ariko wavukanye imbaraga.”

Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko iteka iyo abonye umuhungu we, amubonamo indwanyi yo mu buzima bikamwibutsa intambara yarwanye akivuka.

Isoko: IGIHE

Previous Post

Muhanga: Gitifu na Mutekano batawe muri yombi

Next Post

Fatakumavuta yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu

Next Post
Fatakumavuta yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu

Fatakumavuta yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved