• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Umugabo yajyanye irimbi mu nkiko nyuma y’igihe asura igituro cy’undi muntu yibwira ko ari umubyeyi we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 8, 2025
in Amakuru
0
Umugabo yajyanye irimbi mu nkiko nyuma y’igihe asura igituro cy’undi muntu yibwira ko ari umubyeyi we
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugabo witwa Chris Demirchyan yajyanye mu nkiko irimbi rya Forest Lawn Memorial Park riherereye I Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gusanga ikibumbano cyanditseho izina rya nyina cyari kimaze imyaka isaga itatu kiri ku gituro kitari icye.

Chris arega iri rimbi ibyaha birimo kumutera ihungabana, kutubahiriza amasezerano, uburangare no kumubeshya, kandi arasaba ko bamwishyura indishyi z’umubabaro, igihombo ndetse n’ibindi byamugizeho ingaruka.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Amakuru aturuka muri dosiye iri mu rukiko agaragaza ko mu mwaka wa 2008, ababyeyi ba Chris baguze imyanya ibiri yo gushyingurwamo. Nyuma y’imyaka ine, Chris yasabye ko iyo myanya yarekurwa kugira ngo umuryango wabo ubashe kubona imyanya itandatu ituranye, maze abasha kubona indi myanya ine y’inyongera.

Nyina wa Chris yapfuye muri Nyakanga 2021, maze ashyingurwa mu gituro kimwe muri iyo myanya yari yaraguzwe. Mu kwezi gukurikiyeho, Chris yasinyanye amasezerano n’irimbi yo gushyira ikibumbano cy’amazina ya nyina ku gituro, ariko nk’uko bivugwa muri iyo dosiye, icyo kibumbano cyaje gushyirwa ku gituro kitari icye.

Chris n’umuryango we bakomeje gusura icyo gituro, bibwira ko ari ho nyina aruhukiye, kugeza mu mwaka wa 2025 ubwo se wa Chris yapfaga. Bashyizeho gahunda yo kumushyingura iruhande rw’aho bibwiraga ko nyina ari, ariko ubwo umuhango wo kumushyingura wari urimbanyije, ni bwo babwiwe ko nyina yari ashyinguye neza ahabugenewe, ariko ikibumbano cyashyizwe ahandi.

Previous Post

Rutsiro: Umugabo yasanzwe mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye

Next Post

Youssouf Ndayishimiye na Caleb bagiye kugura ikipe

Next Post
Youssouf Ndayishimiye na Caleb bagiye kugura ikipe

Youssouf Ndayishimiye na Caleb bagiye kugura ikipe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved