• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 3, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM yinjiyemo mu 2024, akavuga ko byaturutse ku bwumvikane impande zombi zagiranye.

Mu ibaruwa Kenny Sol yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ko gusezera kwe kwavuye mu bwumvikane yagiranye na 1:55 AM, ndetse amakuru ahari agahamya ko impande zombi ntacyo zishyuzanya.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Iri sezera rikurikira ubutumwa uyu muhanzi yari aherutse gutambutsa ku mbuga nkoranyambaga aca amarenga yo gusezera, aha akaba yaragize ati “Benshi baje nyuma yanjye bamaze kubivamo ariko njye ndacyahari, ibi natangiye kubikora nta n’umuntu n’umwe uranyizereramo. Njye ndi umusirikare wahawe impano n’Imana.”

Ni amagambo yasohotse nyuma y’iminsi mike 1:55 AM isohoye itangazo ryari rigenewe itangazamakuru rihamya ko igiye kuvugurura urutonde rw’abahanzi ikorana nabo ndetse inizeza impinduka mu buyobozi bw’iyi sosiyete.

Iri tangazo ryagiye hanze nyuma y’uko hari hadutse amakuru yavugaga ko Element Eleéeh uri kugana ku musozo w’amasezerano yari afite kandi atiteguye kuyongera, ndetse bikavugwa ko ubuyobozi bw’iyi sosiyete bufite ibyo bwaba bumwishyuza mbere y’uko batandukana.

Mu byavuzwe harimo indirimbo 38 yakoze ariko ntazitange n’amafaranga yishyuzaga agera kuri miliyoni 25 Frw.

Ku rundi ruhande, uretse Element Eleéeh bitaremezwa ko yatandukanye na 1:55AM, isezera rya Kenny Sol rikurikiye irya Ross Kana nawe uherutse gutandukana n’iyi sosiyete.

Previous Post

Rutsiro: Umusore arakekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 abanje kumusindisha

Next Post

Rwamagana: Gitifu w’Umurenge yafatiwe mu kabari yasinze, ahita asezera

Next Post
Rwamagana: Gitifu w’Umurenge yafatiwe mu kabari yasinze, ahita asezera

Rwamagana: Gitifu w’Umurenge yafatiwe mu kabari yasinze, ahita asezera

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved