• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rutsiro: Umusore arakekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 abanje kumusindisha

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 3, 2025
in Amakuru
1
Rutsiro: Umusore arakekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 abanje kumusindisha

?

0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Rutsiro haravugwa inkuru y’umusore usanzwe ucukura amabuye y’agaciro watawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 12 y’amavuko.

Ibi byabaye ku Cyumweru taliki 01 Kamena 2025, mu Murenge wa Rusebeya, Akagari ka Ruronde ho mu Mudugudu wa Nyamibombwe, ariko atabwa muri yombi ku wa Mbere taliki 02 Kamena 2025.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Bivugwa ko uriya musore yasazwe uwo mwana mu ishyamba aho yari ari gutashya inkwi zo gucana, akabanza kumushukisha ikigage kikamusinziriza, ubundi akabona kumufata ku ngufu.

Gitifu w’Umurenge wa Rusebeya, Niyodusenga Jules, yahamije iby’aya makuru.

Yagize ati: “Abana bari bagiye gutashya inkwi zo gucana ari babiri hafi y’ahacukurwa amabuye y’agaciro, bahasanga Nkundiye abaha ku kigage basa nk’abasinda, abereka aho baba baryamye, umwe akanguka amuri hejuru arimo kumusambanya.”

Gitifu Niyodusenga akomeza avuga ko uwo mwana yaje kubivuga, ari nabwo uyu musore yatawe muri yombi.

Akomeza agira ati: “Umwana umwe n’ubwo ari we uvuga ko yasambanyijwe, bose bahise bajyanwa kwa muganga ngo bitabweho na muganga.”

Uyu muyobozi yaboneyeho kwibutsa ababyeyi kuba hafi y’abana, cyane cyane abakobwa, bakabigisha kwirinda ibishuko.

Kugeza ubu ukekwaho iki cyaha afungiye kuri Sitasiyo ya Rusebeya.

Previous Post

Minisitiri w’Intebe wa Sudani yasheshe guverinoma

Next Post

Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM

Next Post
Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM

Kenny Sol yamaze gusezera muri 1:55AM

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved