• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Umugeni yabyaye ku munsi w’ubukwe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 31, 2025
in Amakuru
0
Nyamasheke: Umukobwa w’imyaka 22 yiyahuye abitewe n’uko nyina yamwise umukeba we
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugeni wo mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, yabyaye ku munsi wo kumusaba nyuma y’aho itorero ADEPR ryari ryaranze kumushyingira kuko byari bizwi ko atwite.

Byabereye mu Mudugudu wa Karugera, Akagari ka Mugera ku wa 29 Gicurasi 2025.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane ni bwo uyu mugeni yafashwe n’ibise ajyanwa kwa muganga kubyara.

Yagiye kwa muganga mu gihe mu gitondo cy’uwo munsi yari busabwe. Umwe mu baturage batuye aho byabereye bavuze ko ibirori byo gusaba no gukwa byakomeje nubwo umugeni atari ahari.

Ati “Amakuru ni ukuri, uko mwabyumvise ni ko byagenze, umugeni yabyaye ku munsi wo kuza kumusaba. Ntabwo byadutunguye nk’abaturanyi kuko twari dusanzwe tubizi ko atwite, icyadutangaje ni uko byahuriranye akabyara ku munsi wo kumusaba.”

Umukozi ushinzwe Imari n’Ubutegetsi mu Murenge wa Shangi, wasigariyeho Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Nsanzimana Jean Pierre, yatangaje ko amakuru bayamenye ndetse ko gahunda yo gusezerana mu rusengero mu Itorero rya EAR iri bukomeze.

Ati “Bari barasezeranye imbere y’amategeko ariko batabana nk’umugore n’umugabo kuko bari bategereje kubanza gusezerana imbere y’Imana. Nyuma yo kumenya ko yabyaye, gahunda yo gusaba no gukwa yarakomeje nubwo umugeni yari akiri ku Kigo Nderabuzima cya Mugera.”

Uyu mugeni yagombaga gusezeranira mu Itorero ADEPR n’amatariki y’ubukwe yaratangajwe, ariko iri torero riza kumenya ko atwite ryanga kubashyingira.

Nyuma y’aho ADEPR yanze kubashyingira, basabye gushyingirirwa mu Itorero EAR ribemerera kwiga nk’abagarukiramana rikabasezeranya.

Itorero EAR nyuma yo kumenya ko uyu mugeni yabyaye rikomeje gahunda yo gushyingira aba bageni. Biteganyijwe ko umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uba kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025.

Previous Post

RDC: Minisitiri uherutse kunyereza Miliyoni 19$ zo kubaka gereza arakekwaho ibindi byaha

Next Post

Gisozi: Inyubako zegereye agakiriro zubatswe mu kajagari zigiye gusenywa

Next Post
Gisozi: Inyubako zegereye agakiriro zubatswe mu kajagari zigiye gusenywa

Gisozi: Inyubako zegereye agakiriro zubatswe mu kajagari zigiye gusenywa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved