Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Firmin Mvonde, yongeye gusaba Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo gukurikirana Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba.
Kuri iyi nshuro, Mvonde ahamya ko amagambo Minisitiri Mutamba yavuze tariki ya 26 Gicurasi 2025 ubwo yaganiraga n’abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera, agize ibyaha.
Icyo gihe, Mutamba wageneraga Mvonde ubutumwa, yagize ati “Mumubwire ko yahoze mu itsinda ry’abashyigikiye Kabila, ry’aba-mafia. Yashatse kunsebya no kumparabika. Mubabwire ko imana y’abakurambere banjye iruta iyabo. Mubabwire muti sintinya gufungwa, nditeguye. Bavuze ko nahungiye muri Tanzania. Mubabwire ko naje hano i Kinshasa, ku ngoro y’ubutabera kugira ngo duhangane.”
Mutamba yavuze ko Mvonde ari gukorwaho iperereza kuva mu mwaka ushize, kubera inzu ifite agaciro k’ibihumbi 900 by’Amayero afite mu Bubiligi, bityo ko adafite ububasha bwo kumukurikirana mu gihe ritararangira.
Umushinjacyaha Mvonde yamenyesheje Inteko ko muri iri jambo, Minisitiri Mutamba yise Minisitiri w’Intebe, Sudith Suminwa Tuluka, umuntu ushobora gutanga ikiguzi cyose kugira ngo abo badahuje bose bapfe.
Mvonde yagaragaje ko Minisitiri Mutamba yasuzuguye urwego rw’igihugu, agerageza gutera ubwoba abakozi barwo. Yasabye Inteko kumuha uburenganzira kugira ngo akurikirane uyu muyobozi.
Ku wa 29 Gicurasi 2025, Minisitiri Mutamba yambuwe ubudahangarwa kugira ngo akurikiranweho icyaha cyo kunyereza miliyoni 19 z’Amadolari yateganyijwe mu mushinga wo kubaka gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo.
Minisitiri Mutamba yambuwe ubuhangarwa hashingiwe ku busabe bw’Umushinjacyaha Mvonde, ndetse ni na bwo Mutamba yibasira uyu mushinjacyaha tariki ya 26 Gicurasi.




