Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Tanzania, Anthony Mavunde, yatangaje ko ‘diamants’ zifite agaciro ka miliyari 1,7 y’Amashilingi (arenga miliyoni 902 Frw), zafatiwe mu bucuruzi bwa magendu ku kibuga cy’indege cya Mwanza.
Aya mabuye yafashwe ku wa 18 Gicurasi 2025, ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’izindi nzego za leta nk’uko Minisitiri Anthony Mavude yabitangaje.
Minisitiri Mavunde yavuze ko hari iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane uwaba ari inyuma y’ubu bucuruzi bwa magendu, ndetse ko hari umunyamahanga wafashwe.
Ati “Iperereza ririmo gukorwa ku buryo bwimbitse kugira ngo hamenyekane ababyihishe inyuma. Abantu bazagaragara bafite uruhare muri ubu bucuruzi bazaburanishwa, bazatabwa muri yombi, ibikorwa byabo bizafungwa, ndetse n’impushya zabo bazamburwe.”
Yakomeje avuga ko gucuruza amabuye y’agaciro mu buryo butemewe atari icyaha gusa, ahubwo byangiza n’ubukungu bwa leta kuko bituma hataboneka imisoro n’amahoro leta yakabaye ikoresha.
Yagaragaje ko hari ibikorwa byinshi leta ikora mu rwego rwo gushyira mu buryo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, birimo gufungura amasoko y’amabuye 43 no gushyiraho ibigo 49 bigurisha amabuye mu gihugu hose. Ibi byose bigamije gukumira ubucuruzi bwa magendu.
Ati “Nta mpamvu ihari yo gukoresha magendu. Umuntu wese uhitamo kunyuranya n’amategeko azabifungirwa, ibikorwa bye bizafungwa, kandi azahagarikwa burundu mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye”.
Minisitiri Mavunde yanavuze ko Minisiteri yashyizeho itsinda rikomeye rishinzwe gukumira magendu y’amabuye y’agaciro.




