• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Imikino

Bugesera FC yatsinze Rayon Sports

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 21, 2025
in Imikino
0
Bugesera FC yatsinze Rayon Sports
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yuzuza amanota 34 ayiha amahirwe yo kutamanuka, mu gihe Rayon Sports yahise iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 59 irushwa abiri na APR FC ya mbere.

Umutoza Rwaka Claude yakomeje gukora impinduka kugera no ku bakinnyi atari yarigeze agirira icyizere muri uyu mwaka w’imikino, aho yahaye umwanya Umunya-Guinée Bissau, Adulai Jalo n’Umunya-Cameroun, Assana Nah Innocent mu mpinduka zafashije iyi kipe gukaza ubusatirizi mu minota 10 ya nyuma.

Related posts

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

January 12, 2026
APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

January 10, 2026

Ku munota wa 27 w’iyari igenwe uyu munsi [84], Bugingo Hakim yatsindiye Rayon Sports igitego cya mbere ku mupira wari uhinduwe na Assana Nah Innocent, itangira guhembera icyizere, kitamaze kabiri kuko nyuma y’iminota ine yongeweho, abasore b’umutoza Banamwana Camarade bakomeje guhagarara neza, umukino urangira begukanye intsinzi y’ibitego 2-1.

Uyu mukino wari wari wakajijweho umutekano, wanitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo iza Leta n’izishinzwe umupira w’amaguru mu Rwanda bayobowe na Perezida wa FERWAFA, Munyentwari Alphonse, Umunyamabanga, Kalisa Adolphe ‘Camarade’ n’Umuyobozi w’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, Mudaheranwa Hadji Yussufu.

Iyi ntsinzwi ya Rayon Sports itumye ijya ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona n’amanota 59, ku rutonde rw’agateganyo ruyobowe n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC n’amanota 61 mu gihe aya makipe yombi ahanganiye Igikombe cy’uyu mwaka asigaranye imikino ibiri yonyine.

Previous Post

Rwambikanye hagati ya Mama Sava na Pasiteri Hakimu umwe ashinja undi kumwaka amashusho y’urukozasoni

Next Post

Rutsiro: Abana babiri bari bagiye guca amapera ku kirwa barohamye mu Kivu umwe ahita ahita yitaba Imana

Next Post
Rutsiro: Abana babiri bari bagiye guca amapera ku kirwa barohamye mu Kivu umwe ahita ahita yitaba Imana

Rutsiro: Abana babiri bari bagiye guca amapera ku kirwa barohamye mu Kivu umwe ahita ahita yitaba Imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved