• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Aba-hackers binjiriye konti ya Polisi kuri X batangaza ko Perezida Samia Suluhu yitabye Imana

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 21, 2025
in Amakuru
0
Aba-hackers binjiriye konti ya Polisi kuri X batangaza ko Perezida Samia Suluhu  yitabye Imana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Leta ya Tanzania yahagaritse by’agateganyo urubuga nkoranyambaga rwa X nyuma y’aho konti ya Polisi yinjiriwe n’abataramenyekana, bagatangaza ko Perezida Samia Suluhu Hassan yitabye Imana.

Urubuga Netblocks rwatangaje ko ku wa 20 Gicurasi 2025, abafite internet y’ibigo byose by’itumanaho bikorera muri Tanzania batashoboraga gukoresha urubuga X nyuma y’aho ubu butumwa butangarijwe kuri konti ya Polisi (Tanpol).

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uretse kubika Perezida Samia akiriho, kuri konti ya Tanpol hanatangarije ubundi butumwa burimo ubwatangajwe mu buryo bwa ‘Live’, mbere y’uko Leta iyambura abayinjiriye.

Tanpol yatangaje ko amakuru yanyujijwe kuri konti yayo ya X ari ibinyoma, kandi ko idashobora gutangaza ameze nka yo ibinyujije mu miyoboro y’itumanaho yayo.

Yagize iti “Mu gihe turi gushakisha abateguye n’abakwirakwije aya makuru kugira ngo bafatwe, turasaba abaturage kutayaha agaciro kandi ntibayakwirakwize mu gihe yabageraho. Ingamba zikomeye zizafatirwa abayateguye n’abakomeza kuyakwirakwiza.”

Bikekwa ko ababitse Perezida Samia ari abatishimiye ubutumwa aherutse gutangaza nyuma y’aho impirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’abanyamategeko bavuye muri Kenya kugira ngo bakurikirane urubanza rw’umunyapolitiki Tundu Lissu birukanywe na Leta ya Tanzania.

Tariki ya 19 Gicurasi, Perezida Samia yatangaje ko hari impirimbanyi zigamije inabi zo mu karere, zishaka kwinjira mu buzima bwite bwa Tanzania, agaragaza ko iguhugu cye kitazabemerera gukora ibyo bishakiye nk’uko babigenza iwabo.

Previous Post

Umuhanzi Nzabahayo Silas wamamaye nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17

Next Post

Rwambikanye hagati ya Mama Sava na Pasiteri Hakimu umwe ashinja undi kumwaka amashusho y’urukozasoni

Next Post
Rwambikanye hagati ya Mama Sava na Pasiteri Hakimu umwe ashinja undi kumwaka amashusho y’urukozasoni

Rwambikanye hagati ya Mama Sava na Pasiteri Hakimu umwe ashinja undi kumwaka amashusho y'urukozasoni

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved