• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyarugenge: Abagore babiri barwanye bapfa umugabo umwe agirwa intere

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 12, 2025
in Amakuru
0
Nyarugenge: Abagore babiri barwanye bapfa umugabo umwe agirwa intere
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we ahantu hiherereye mu ijoro, aravugwaho ubushurashuzi no gutwara bagenzi be abagabo babo.

Uyu mugore yakubitiwe mu nzira ubwo yari ari kuvugana n’umugabo w’uwamukubise bafatanye ahantu hiherereye, amushinja gushaka kumuca inyuma no gushaka kumutwarira umugabo.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Ibi byabereye ahitwa Karabaye mu Kagari ka Munanira ya I mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, mu mpera z’icyumweru gishize mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa UKWELITIMES, avuga ko uyu mugore wakubise mugenzi we yamuhoye kuba yarasanze ari kumuvugishiriza umugabo we ndetse bari ahantu h’ibanga, kandi ko ntakindi yari agamije atari umuca inyuma, ndetse ko yasanze bari gusomana umunwa ku wundi.

Umwe mu bageze kuri uyu mugore wakubiswe bikimara kuba, avuga ko yari yanegekaye cyane, ku buryo yahise agwa igihumure ari na bwo uwamukubitaga yahitaga arekera kumukubita.

Yagize ati “kuko yamukubise igiti kinini mu mutwe, ikindi kandi natwe ntitwari kumutabara kuko n’uwo mugabo bapfaga yari ahari ari kubareba gusa.”

Ni mu gihe abagore bagenzi be bo muri aka gace, bavuga ko uyu mugore wakubiswe asanzwe azwiho ingeso yo kwicuruza, akanatwara abagabo b’abandi bagore, ndetse ko ari na byo byatumye batamutabara ubwo yakubitwaga.

Umwe “Ni yo mpamvu ntawamutabaye kandi ntabwo umuntu yagufata uri gusomana n’umugabo we ngo bikugwe amahoro.”

Nyuma yuko uyu mugore akubiswe akagirwa intere, bamwe mu baturage baje kureba ndetse banatabaza inzego z’ubuyobozi zamuhaye ubutabazi bw’ibanze zikamumenaho amazi, akazanzamuka, agahita anajyanwa kwa muganga.

Previous Post

Musanze: Yishe umugore we yijyana kuri Polisi

Next Post

Umusekirite wagaragaye atega umufana ubwo Police FC yari imaze gukina na Rayon Sports yatawe muri yombi

Next Post
Umusekirite wagaragaye atega umufana ubwo Police FC yari imaze gukina na Rayon Sports yatawe muri yombi

Umusekirite wagaragaye atega umufana ubwo Police FC yari imaze gukina na Rayon Sports yatawe muri yombi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved