• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urukiko rwategetse ko Turahirwa Moses afungwa iminsi 30 y’agateganyo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 9, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Turahirwa Moses agiye kugezwa imbere y’Urukiko
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Turahirwa Moses ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Turahirwa wamenyekanye ubwo yashingaga inzu y’imideli ya Moshions yaburanishijwe ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge akurikiranyweho ku wa 6 Gicurasi 2025.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Icyo gihe yabwiye Urukiko ko yemera icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, ndetse ko ubwo yafatwaga yemeye gutanga ku bushake urumogi rutagera ku magarama abiri. Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko yafatanywe udupfunyika 13 tw’urumogi.

Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa by’agateganyo kuko mu byaha bumukurikiranyeho harimo n’icyo gucuruza urumogi kigikorwaho iperereza.

Ku bijyanye no gutunda ibiyobyabwenge, Umushinjacyaha yavuze ko bishimangirwa no kuba mu ibazwa rye, Turahirwa Moses yaremeye ko ibiyobyabwenge yafatanywe, yabivagana muri Kenya.

Ku bijyanye no kubika ibiyobyabwenge bishimangirwa no kuba yaremeye ko yafatanywe urumogi, nubwo atemera ingano y’urwo yafatanywe.

Umushinjacyaha yagaragaje ko inyandiko y’abagenzacyaha bakoze iperereza n’iy’ifatira yerekanye ko yafatanywe udupfunyika 13 nubwo Turahirwa atemera iyo ngano.

Turahirwa Moses yabwiye Urukiko ko yanyoye urumogi kubera ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe ariko ko yatangiye gushaka umuganga wo kumwitaho.

Uruhande rwe rwasabye ko atafungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko byamufasha kubasha kwiyitaho mu rugendo rwo gukira kuko yatangiye kugirwa inama no kwitabwaho n’abaganga guhera muri Gashyantare 2025.

Urukiko rwashimangiye ko nyuma yo gusesengura impamvu z’Ubushinjacyaha, rusanga hari impamvu zikomeye zituma Turahirwa akekwaho icyaha akurikiranyweho.

Urukiko rusanga kuba Turahirwa Moses n’umwunganizi we bahakana gutunda urumogi bashingiye ku ngano yafatanwe atari ko Urukiko rubinona kuko ku rutunda bidashingiye ku ngano runaka.

Rugaragaza kandi ko impamvu yatanzwe y’uko yanyweye urumogi kubera ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe no kuba ahakana ibyo gutunda urumogi ari impamvu zikomeye zituma akekwa.

Rusanga kuba asaba ko yarekurwa kuko afite ibibazo by’imitekerereze nta shingiro bifite kuko nta kimenyetso kibigaragaza. Ku rundi ruhande ariko Umunyamategeko we yari yabwiye Urukiko ko hari raporo iri gukorwa na RBC igamije kwerekana imiterere y’ubuzima bwe bwo mu mutwe.

Urukiko kandi rugaragaza ko n’iyo yaba afite uburwayi, aho yaba ari hose yakwitabwaho kandi akavurwa.

Rwashimangiye ko kuba umwunganira yaragaragaje ko atari akwiye gufungwa kuko ari umuntu uzwi kandi watanze umusanzu mu mideli, bitakabaye impamvu yo gutuma adakurikiranwa kuko igihugu kitakomeza kurebera ikorwa ry’ibyaha.

Rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo icyemezo kikimara gusomwa, rwibukije ko afite iminsi itanu yo kuba yajuririra icyo cyemezo.

Turahirwa Moses si ubwa mbere ajyanwe i Mageragera kuko mu 2023 nabwo yari yahawe iminsi 30 y’agateganyo kubera ibyaha yari akurikiranyweho birimo n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge nubwo yaje kujurira Urukiko Rwisumbuye rugategeka ko akurikiranwa ari hanze.

Previous Post

Ntazinda Erasme wari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yafunguwe

Next Post

Umukecuru witwa Madalena yaguye mu mazi ahita apfa ubwo yaragiye gusengera i Kibeho

Next Post
Umukecuru witwa Madalena yaguye mu mazi ahita apfa ubwo yaragiye gusengera i Kibeho

Umukecuru witwa Madalena yaguye mu mazi ahita apfa ubwo yaragiye gusengera i Kibeho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved