• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 8, 2025
in Amakuru
0
Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Nyuma y’aho umunsi wa mbere w’itora urangiye hatabonetse Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika (Papa), kuri uyu wa 8 Gicurasi 2025, Aba-Cardinal basubiye muri Chapelle ya Sistine, kugira ngo bongere batore.

Ikimenyetso cy’uko nta Papa mushya waraye atowe cyagaragajwe n’umwotsi w’umukara wazamutse kuri Chapelle ya Sistine ku mugoroba wo ku wa 7 Gicurasi. Ubusanzwe, iyo Papa yabonetse, hazamuka umwotsi w’umweru.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nk’uko byateganyijwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gicurasi, Aba-Cardinal babanje gufata ifunguro rya mu gitondo, bakomereza muri misa yo gusengera iri tora.

Saa yine n’igice z’igitondo, nibwo byari biteganyijwe ko batangira icyiciro cya mbere cy’itora, kirakurikirwa n’ikindi gitangira saa sita zuzuye. Mu gihe Papa yatorwa nyuma y’ibi byiciro, kuri Chapelle ya Sistine hazamuka umwotsi w’umweru.

Papa nadatorwa mu byiciro bibanza, uyu munsi haraba ibindi byiciro bibiri, birimo icya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba ndetse n’icya saa moya zuzuye z’umugoroba.

Mu mbuga nini ya Bazilika ya Mutagatifu Petero, hazindukiye abakirisitu bategereje kumenya umusaruro uva mu matora ariko bigaragara ko muri iki gitondo bakiri bake. Uko bucya ni ko biyongera nk’uko byagenze ku wa 7 Gicurasi.

Umwotsi w’umweru nurara utazamutse kuri Shapelle ya Sistine, biraba bisobanuye ko itora rikomeza ku wa 9 Gicurasi ndetse byanashoboka ko ryagera ku wa 10 Gicurasi mu gihe umukandida umwe atabona amajwi 89 mu 133 y’abatora.

Papa mushya azasimbura Papa Francis witabye Imana tariki ya 21 Mata 2025, azize uburwayi

Previous Post

Polisi y’ u Rwanda yasubije uwayisabye ko yamujyana mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa

Next Post

Nta Papa wabonetse ku munsi wa Kabiri w’itora

Next Post
Nta Papa wabonetse ku munsi wa Kabiri w’itora

Nta Papa wabonetse ku munsi wa Kabiri w'itora

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved