• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kenya: Abapolisi bane bakekwaho kwica umwana w’amezi 6 batangiye kuburana

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 7, 2025
in Amakuru
0
Kenya: Abapolisi bane bakekwaho kwica umwana w’amezi 6 batangiye kuburana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abapolisi bane bo muri Kenya bashinjwa kwica umwana w’amezi atandatu mu myaka umunani ishize, bagejejwe imbere y’urukiko, abandi umunani bari barashinjwe hamwe na bo bararekurwa nyuma y’uko ubushinjacyaha bubahanaguyeho ibyaha.

Ni icyemezo cyateje uburakari kinamaganwa n’abantu batandukanye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Dosiye ijyanye n’urupfu rw’umwana witwa Samatha Pendo, igaragaza ko yishwe mu mwaka wa 2017 ubwo abapolisi boherezwaga guhosha imyigaragambyo yakurikiye amatora, mu mujyi wa Kisumu mu Burengerazuba bwa Kenya.

BBC yatangaje ko ku wa Mbere abaregwa uko ari bane bahakanye ibyaha bashinjwa birimo ubwicanyi nk’icyaha cyibasira inyokomuntu, gukorera abaturage iyicarubozo no gufata ku ngufu.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu irimo Amnesty International, yagaragaje ko hari impungenge kuko muri dosiye y’abashinjwa hatagaragaramo abayobozi bakuru bari bakuriye abakoze ibi byaha byagize ingaruka ku baturage bagera kuri 60.

Bamaganye kandi icyemezo cy’ubushinjacyaha cyo gutangaza amazina y’abahohotewe n’abatangabuhamya bavuga ko bishobora kubashyira mu kaga.

Kugeza ubu, nta n’umwe mu bashinjwa wari warigeze agezwa mu rukiko ngo yisobanure, bitewe n’ubukererwe bukabije, byatumye abaturage basaba ubutabera.

Lensa Achieng, nyina wa Pendo, yabwiye BBC ko yizeye ko ubutabera buzatangwa kandi ko yishimira ko urubanza rwatangiye.

Ati “Urugendo ntirwari rworoshye, ariko nk’umuryango wa Pendo, hari icyerekezo… ni intambwe ikomeye mu gukurikirana iki kibazo.”

Yongeraho ati “Icyo dusaba ni uko twabona ubutabera ku mukobwa wacu kugira ngo ibyatubayeho bitazongera kuba ku wundi mubyeyi.”

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kunenga ubukererwe bukabije, ishinja inzego z’ubutabera ko zakomeje gusunika urubanza nta mpamvu, isaba ko hakorwa ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rutazasubikwa.

Previous Post

Urukiko rwasubitse urubanza ruregwamo uwari Meya wa Nyanza ukurikiranyweho ubushoreke no guta urugo

Next Post

Aba-Cardinal bagiye gutangira gutora Papa mushya uzasimbura Francis witabye Imana

Next Post
Aba-Cardinal bagiye gutangira gutora Papa mushya uzasimbura Francis witabye Imana

Aba-Cardinal bagiye gutangira gutora Papa mushya uzasimbura Francis witabye Imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved