• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Perezida Donald Trump wigeze gutebya avuga ko ashaka kuba Papa yashyize hanze ifoto yambaye nkawe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 3, 2025
in Amakuru
0
Perezida Donald Trump wigeze gutebya avuga ko ashaka kuba Papa yashyize hanze ifoto yambaye nkawe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe ifoto imugaragaza yambaye nk’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika (Papa).

Iyi foto yatunganyijwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), yayishyize ku rubuga rwe ‘Truth Social’ mu gitondo cyo kuri uyu wa 3 Gicurasi 2025, ntiyagira ubundi butumwa yongeraho.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Kuva Trump yajya ku butegetsi tariki ya 20 Mutarama 2025, yagaragaje ko ari umuyobozi ukomeye, ufite ubushobozi bwo gukemura ibibazo byugarije Isi, nk’intambara.

Mbere y’uko Papa Francis yitaba Imana tariki ya 21 Mata, Trump yohereje i Vatican Visi Perezida, James David Vance, kugira ngo amuganirize kuko yari amaze iminsi yorohewe nyuma y’igihe kinini arembye.

Kuva Papa Francis yitaba Imana, Aba-Cardinal baturutse hirya no hino ku Isi bateraniye i Vatican, bategura umuhango wo kumusezeraho ndetse n’itora ry’umusimbura we.

Mu gihe biteganyijwe ko iri tora rizatangira tariki ya 7 Gicurasi, umunyamakuru aherutse kubaza Trump uwo atekereza ko yaba umusimbura mwiza wa Papa Francis.

Trump yasubije atebya, ati “Ndashaka kuba Papa. Ayo ni yo yaba amahitamo yanjye ya mbere.”

Uyu munyapolitiki yongereyeho ko nta muntu yahitamo ngo abe umusimbura wa Papa Francis, icyakoze agaragaza ko yifuza kubona Cardinal wa New York aba Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika.

Previous Post

Semuhungu Eric yahanuriwe ko azashaka umugore arusha imyaka itatu

Next Post

Musanze: Urujijo ku murambo w’umugore babyutse basanga uri mu muhanda

Next Post
Musanze: Urujijo ku murambo w’umugore babyutse basanga uri mu muhanda

Musanze: Urujijo ku murambo w'umugore babyutse basanga uri mu muhanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved