• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Cardinal Giovanni wahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo wa Kiliziya yivanye mu bagomba gutora Papa mushya

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 29, 2025
in Amakuru
0
Cardinal Giovanni wahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo wa Kiliziya yivanye mu bagomba gutora Papa mushya
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Cardinal Giovanni Angelo Becciu wahamijwe n’urukiko rwa Vatican icyaha cyo kunyereza umutungo wa Kiliziya, yashyize yikura mu bazatora Papa mushya nyuma y’iminsi mike atangaje ko agomba kuzamutora uko byagenda kose.

Ku wa 24 Mata 2025, Cardinal Giovanni Angelo Becciu yavuze ko nubwo yahamijwe ibi byaha, agomba kuba mu bazitabira umuhango wo gutora Papa usimbura Francis witabye Imana.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ubu yisubiyeho kuko yamaze gutangaza ko yikuye mu bazitabira inama y’ibanga ya Conclave igamije gutora Papa mushya izatangira ku wa 7 Gicurasi 2025.

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 29 Mata 2025, Becciu yavuze ko yemeye kutitabira inama ya Conclave nubwo agihamya ko ari umwere.

Yagize ati “Nahisemo kumvira, nk’uko nsanzwe mbigenza, icyifuzo cya Papa Francis cyo kutajya muri Conclave, nubwo nkomeje kwiyumvamo ko ndi umwere”.

Kuva mu 2023 yahamwe n’ibi byaha, ahita yamburwa bumwe mu burenganzira bw’Aba-Cardinal burimo no gutora Papa.

Cardinal Becciu yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice bimugira umu-Cardinal wa mbere uhamijwe icyaha n’Urukiko mpanabyaha rwa Vatican.

Icyo gihe yahise ajuririra iki gihano, kuri ubu hakaba hategerejwe undi mwanzuro uzafatwa. Kugeza ubu yemerewe gukomeza kuba i Vatican mu gihe hategerejwe umwanzuro w’urukiko.

Previous Post

Amafoto: Ingabo za SADC zatsinzwe ku rugamba zifatanyije na RDC zatangiye gutaha zinyuze mu Rwanda

Next Post

Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy’ubwiherero muri Gare ya Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira

Next Post
Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy’ubwiherero muri Gare ya  Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira

Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy'ubwiherero muri Gare ya Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved