• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Niyo Bosco ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 24, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Niyo Bosco ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Niyo Bosco ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we (Se umubyara) witabye Imana kuri uyu wa 23 Mata 2025, nk’uko uyu muhanzi yabimenyesheje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Niyo Bosco yagize ati “Ukomeze kuruhukura mu mahoro mubyeyi, umunsi w’agahinda uba muremure kuruta umwaka w’ibyishimo.”

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Umubyeyi wa Niyo Bosco yaherukaga kugaragara mu bijyanye n’imyidagaduro mu 2022 ubwo yari yaherekeje umuhungu we mu birori bya The Choice Awards aho yanegukanye icya “Best Male Artist” kiba icya mbere cye.

Icyo gihe uyu mubyeyi wari watumiwe muri ibi birori, yavuze ko akimara kubitumirwamo yiteguye kare kugira ngo ahagera hakiri kare kugira ngo akurikirane neza.

Ati “Nishimye. Nakomeje gutegereza mvuga nti ese ikirori yantumiyemo ni ikihe? Ariko numvise mumpahamagaye ndavuga nti za nzozi zigiye zashyika kabisa, amen amen.”

Yashimye abateguye ibi bihembo, ashima Imana gushoboza Niyo Bosco kurotora inzozi yagiye agira kuva akiri muto ‘zikaba zigenda zishyika. Ati “Iryo ni ishimwe rikomeye.’

Uyu mubyeyi yashimye kandi umunyamakuru M. Irene watumye impano ya Niyo Bosco igaragarira buri wese, avuga ko amushimye mu ruhame n’imbere y’Imana.

Ati “Nongeye gushima uwamukuye aho tuba hariya akaba amugejeje kuri uru rwego Irene Murindahabi ndamushimiye n’Imana yumve ko mushimiye hagati mu mbaga ingana gutya. Ndishimye kandi ndanezerewe.”

Yabwiye Niyo Bosco gukomeza aho ageze mu muziki we, avuga ko azakomeza kumushyigikira.

Ati “Ubundi akomereza aho ngaho, ntacike intege ntaho nagiye, ndacyahari, n’abagushyigikira bose, abafana bose mbasabiye umugisha ku Mana murakoze.”

Previous Post

Burera: Umunyeshuri wa Lycee de Nyanza yarohamye mu kiyaga

Next Post

Bidasubirwaho umutwe wa AFC/M23 wemeranyije na Leta ya Congo guhagarika imirwano

Next Post
Bidasubirwaho umutwe wa AFC/M23 wemeranyije na Leta ya Congo guhagarika imirwano

Bidasubirwaho umutwe wa AFC/M23 wemeranyije na Leta ya Congo guhagarika imirwano

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved