• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Vatican yagaragaje amafoto y’umurambo wa Papa Francis uri mu isanduku utangaza n’igihe azashyingururwa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 22, 2025
in Amakuru
0
Vatican yagaragaje amafoto y’umurambo wa Papa Francis uri mu isanduku utangaza n’igihe azashyingururwa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Vatican yatangaje ko umuhango wo gushyingura uwari Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, uzaba ku wa 26 Mata 2025 Saa Yine.

Urupfu rwa Papa Francis wari umaze imyaka 12 ayobora Kiliziya Gatolika ku Isi rwamenyekanye ku wa 21 Mata 2025. Yazize indwara yo guturika kw’imitsi y’ubwonko no guhagarara k’umutima.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Kuri ubu aba-Cardinal bose berekeje i Vatican aho biteganyijwe ko kuri uyu wa 22 Mata, bagomba guhura kugira ngo bategure umuhango wo gushyingura Papa Francis.

Vatican kandi yagaragaje amafoto y’umurambo wa Papa Francis mu isanduku ifunguye. Yagaragaye yambaye ikanzu y’iroza, ingofero ndetse n’ishapure mu kiganza.

Kugeza ubu umurambo wa Papa Francis uri muri Chapelle ya Santa Marta aho yari yariyemeje kuba mu myaka 12 amaze ku bushumba bukuru bwa Kiliziya.

Biteganyijwe ko arajyanwa muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero ku wa 24 Mata 2025, aho umurambo we uzaguma kugeza ku munsi wo gushyingura.

Abayobozi batandukanye ku Isi bamaze kwemeza ko bazitabira igikorwa cyo gushyingura Papa Francis, barimo nka Perezida wa Argentine, Javier Milei, Donald Trump na we yatangaje ko azerekeza i Vatican ari kumwe n’umugore we Melania Trump.

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Volodymyr Zelensky wa Ukraine n’abandi bamaze kwemeza ko bazitabira umuhango wo gushyingura Papa Francis.

Previous Post

Aba-Cardinal bose berekeje i Vatican gutegura umuhango wo gushyingura Papa Francis

Next Post

Ikipe y’Igihugu “Amavubi” n’iya Algeria bizakina umukino wa gicuti

Next Post
Ikipe y’Igihugu “Amavubi” n’iya Algeria bizakina umukino wa gicuti

Ikipe y’Igihugu “Amavubi” n’iya Algeria bizakina umukino wa gicuti

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved