• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ingabo za SADC ziri mu Burasirazuba bwa Congo zigiye kunyura mu Rwanda

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 19, 2025
in Amakuru
0
Ingabo za SADC ziri mu Burasirazuba bwa Congo zigiye kunyura mu Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

U Rwanda rwemereye inzira Ingabo za SADC ziri mu Burasirazuba bwa Congo mu Mujyi wa Goma kugira ngo zibone uko zisubira mu bihugu byazo nyuma y’aho gahunda zari zaremeranyijwe na M23 yo kunyura ku Kibuga cy’Indege cya Goma igoranye.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwamaze guhabwa ubusabe bw’uko izi ngabo zazahabwa inzira zikanyura mu gihugu zitaha, ndetse ko rwabyemeye.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ati “Yego twarabemereye [kunyura mu Rwanda]”.

Ntabwo itariki Ingabo za SADC zizavira muri RDC iremezwa gusa hamaze gushyirwaho itsinda riri kwiga kuri iyi gahunda, aho rimaze iminsi ritangiye imirimo yaryo i Dar es Salaam muri Tanzania.

Bivugwa ko Ingabo za SADC niziva i Goma, zizinjira mu Rwanda zinyuze ku mupaka wa Rubavu, hanyuma zikava mu gihugu zikomereza muri Tanzania, kimwe mu bihugu bifite ingabo muri Congo.

Ibindi bihugu bifite ingabo muri ubu butumwa ni Afurika y’Epfo ifiteyo nyinshi kurusha ibindi hamwe na Malawi.

Mu biganiro byari byarahuje Ingabo za SADC n’Umutwe wa M23, harimo ko mu gihe cyo gutaha, izi ngabo zizatwara ibikoresho byazo bya gisirikare ariko ko zizareka ibyasizwe n’Ingabo za Congo.

Ingabo za FARDC zikiri i Goma nazo zigomba kuhava ariko uburyo bizakorwamo ntabwo buramenyekana.

Ibikorwa byo gutaha kw’Ingabo za SADC ziri muri Congo byashyizwemo imbaraga muri iyi minsi nyuma y’umwuka mubi wavutse aho Umutwe wa M23 washinje izi ngabo kugira uruhare mu mirwano yabaye ku wa 11 Mata.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Rudzani Maphwanya, yatangaje ko gahunda yo gucyura izi ngabo igomba kwihutishwa.

U Rwanda ruheruka guha inzira abakozi ba Loni bari i Goma bari babuze uko bataha ubwo imirwano yari ikajije umurego hagati ya M23 n’Ingabo za Leta ya RDC.

Rwanahaye inzira ingabo za SADC zakomerekeye ku rugamba zihanganye na M23 hamwe n’imirambo y’abasirikare bari muri ubu butumwa.

Previous Post

RDC: Ikiro cy’imyama kiri kugura ibihumbi makumyabiri

Next Post

Joseph Kabila wahoze ayobora RDC yamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma

Next Post
Joseph Kabila wahoze ayobora RDC yamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma

Joseph Kabila wahoze ayobora RDC yamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved