• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Birakekwa ko umugore yishe umugabo we akoresheje ifuni nawe agahita yiyahura

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 18, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Birakekwa ko umugore yishe umugabo we akoresheje ifuni nawe agahita yiyahura
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umutoni Fracoise w’imyaka 37 yasize amarira n’imiborogo mu bana be n’abaturanyi b’umuryango we bazindukiye ku nkuru y’inshamugongo, aho bikekwa ko yivuganye umugabo we witwa Hagenimana Innocent maze na we akiyahura.

Byabereye mu Mudugidu wa Gacondo, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze, mu ijoro ryo ku wa 17 Mata 2025 rishyira kuri uyu wa Gatanu.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Uyu mugore bikekwa ko yishe umugabo we amukubise ifuni mu mutwe, bakaba bari basanzwe babana mu makimbirane ya hato na hato nubwo bitagaragariraga abandi ko byagera ku rwego rwo kwamburana ubuzima.  

Bamwe mu bahageze bumvaga abana barira cyane bagira amatsiko yo kujya kureba impamvu abana baririra icyarimwe badaceceka biyemeza kujya kureba basanga inzu irimo imirambo ibiri.

Nizeyimana, umwe mu batutanyi, yagize ati: “Twumvise abana barira kandi ntibaceceke, twahamagara telefone ya Hagenimana tukumva iravugira mu nzu. Ni bwo twahisemo kwica inzugi dusanga umugabo aryamye ku buriri yapfuye, umugore na we amanitse mu mugozi yambaye isutiye n’agakabutura yapfuye. Dukeka ko umwe yishe undi na we yarangiza akiyahura.”

Umwe mu bana bavuka kuri abo babyeyi babasize ari imfubyi yabuze ko mbere y’uko ibyo biba yari yabatumye kujya kubatirira agasuka gato bita inkonzo mu baturanyi, ababwira ko ajya kubagara ibishyimbo kuri uyu wa Gatanu.

Ati: “Twakazanye bwije tumubajije ibiryo atubwira ko tuzarya ejo duhita turyama. Ntabwo rero tuzi igihe mama yiciye papa cyangwa se igihe mama yiyahuriye. Bajya batongana rimwe na rimwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien, na we yemeza ko Umutoni Francoise ashobora kuba yishe umugabo we hanyuma na we akiyahura.

Yagize ati: “Ni byo koko amakuru yo kuba Umutoni yishe umugabo nawe yarangiza akimanika ni yo. Twasanze bose bapfuye ariko umugore yimanitse, gusa turacyakurikirana icyaba cyateye uru rupfu niba koko umwe yarishe undi yarangiza akimanika cyangwa niba hari undi waba yakoze ibyo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco, na we yemeza ko iki kibazo bakimenye kandi ko imibiri y’abo babyeyi yajyanywe mu Bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ikorerwe isuzuma mu gihe iperereza rikomeje.

Yagize ati: “Na twe iki kibazo twakimenye ko hari abantu babiri bitabye Imana bo muri Gataraga, Akagari ka Rubindi. Imirambo ya ba nyakwigendera ari bo Hagenimana na Umutoni, kuri ubu yajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri kugira ngo ikorerwe isuzuma harebwe icyabiteye, harebwe impamvu uyu mugore yishe umugabo we yarangiza akiyahura.”

Polisi y’u Rwanda iragira inama abaturage gutangira amakuru ku gihe ku miryango ifitanye amakimbirane ashobora kuvamo kwicana, ikaba yakwigishwa icyaha cy’ubwicanyi kitaraba, n’abafitanye ibibazo bakajya begera ubuyobozi bukabagira inama hakiri kare.

Aba babyeyi basize abana babiri, umwe w’imyaka 8 n’undi ufite imyaka 3. Amakuru avugwa n’abaturanyi ni uko  intandaro y’amakimbirane ni uko Umugabo yaba yaragurishije ishyamba yari asangiye na bashiki be amafaranga avuyemo akayikubira.

Previous Post

Muhanga: Umusaza w’imyaka 73 yasanzwe mu muferege yapfuye

Next Post

Gen Neva w’u Burundi yikoreye umusaraba yibuka ububabare bwa Yezu – Amafoto

Next Post
Gen Neva w’u Burundi yikoreye umusaraba yibuka ububabare bwa Yezu – Amafoto

Gen Neva w'u Burundi yikoreye umusaraba yibuka ububabare bwa Yezu - Amafoto

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved