• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Muhanga: Umusaza w’imyaka 73 yasanzwe mu muferege yapfuye

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 18, 2025
in Amakuru
0
Muhanga: Umusaza w’imyaka 73 yasanzwe mu muferege yapfuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Mata 2025 umusaza witwa Gasingwa Michel uri mu kigero cy’imyaka 73 yasanzwe yapfiriye mu muferege uri hafi y’iwe mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Umurambo we wabonywe n’umukobwa we saa mbili za mugitondo ubwo yari arimo gukubura.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Abaturanyi ba nyakwigendera bavuga ko bakimara kumenya ibyaya makuru bihutiye kubimenyesha inzego z’umutekano.

Umwe muri bo yagize ati: “Nagiye kumva numva ngo ari muri rigori (umuferege) yapfuye, nta kindi nakoze nahise mpagera. Nkimara kumubona muri rigori, ubwo jyewe n’abandi baturanyi twahise duhamagara Polisi kugira ngo idutabare.”

Mugenzi we na we ati: “Bantabaje noneho ngezeyo nsanga ari muri rigori aryamye. Rero nta kindi twari gukora twahise duhamagara Polisi noneho iraza. Muri make ntabwo twamenye icyamwishe kereka nyuma y’iperereza ry’inzego zibishinzwe”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude, avuga ko iby’urupfu rwa Gasingwa Michel babimenye ndetse ko kubufatanye n’izindi nzego harimo gukorwa iperereza ngo hamenyekane icyaba cyateye uru rupfu.

Ati: “Ni byo urupfu rwa Gasingwa Michel twarumenye, ubu rero ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo Polisi na RIB, hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe.”

Nyakwigendera Gasingwa Michel yari asanzwe akora akazi k’izamu aho abamuzi bavuga ko yakoreraga imwe muri sosiyete zicunga umutekano mu Karere ka Muhanga.

Gusa andi makuru anagarukwaho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, avuga ko ejo tariki ya 17 Mata ku mugoroba, ari bwo aheruka kugaragara ari mu kabari aho yaje gutaha agiye  kuzana amafaranga yo kwishyura ibyo yari yanyoye birangira atagarutse aho yanyweraga.

Previous Post

Kanyinya: Habereye impanuka yahitanye abantu babiri abandi barindwi barakomereka

Next Post

Musanze: Birakekwa ko umugore yishe umugabo we akoresheje ifuni nawe agahita yiyahura

Next Post
Musanze: Birakekwa ko umugore yishe umugabo we akoresheje ifuni nawe agahita yiyahura

Musanze: Birakekwa ko umugore yishe umugabo we akoresheje ifuni nawe agahita yiyahura

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved