• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kicukiro: Umurambo w’umusore wasanzwe mu gishanga uciye ugutwi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 17, 2025
in Uncategorized
0
Kicukiro: Umurambo w’umusore wasanzwe mu gishanga uciye ugutwi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 mata 2025, Nibwo abaturage bo mu Mudugudu wa Mmugeyo, Akagari k’Umuyange, mu Murenge wa Kagarama, Akarere ka Kicukiro, batunguwe no gusanga umurambo w’umusore waciwe ugutwi mu gishanga.

Bamwe mu baturage bageze ahasanzwe umurambo wa nyakwigendera biganjemo abahaturiye, batangaje ko mu rukerera nka Saa Munani aribwo bumvishe umuntu atabaza ariko ntibabyitaho gusa bigeze mu gitondo nka Saa Kumi n’imwe n’iminota 40, batabazwa n’umumotari wari wakoze ijoro.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Bati” Ubundi mu rukerera nka Saa Munani twumvise umuntu avuza induru mu gishanga arimo gutabaza gusa ntiatwabyitaho ariko bigeze Saa Kumi n’imwe n’iminota 40 haza umumotari avuga ko hari umuntu aciyeho biciye mu gishanga, ubwo duhita tujyayo tugezeyo dusanga atagihumeka. Ikigaragara bamwishe babanje kumuteragura icyuma inshuro nyinshi ku mutwe no ku gutwi baciye, bamwishe urubozo barenzaho no kumushinyagurira bitewe nuko banamusize yambaye imyenda y’imbere gusa.” 

Bavuze kandi ko uyu musore wishwe atewe ibyuma, atari uwo muri ako gace kuko batari basanzwe bamuzi kuko ni ubwa mbere bamubonye. Bakomeza bati” Ni ubwa mbere tumubonye, bishoboke ko hari ahantu yari avuye noneho yagera hano abagizi ba nabi bakamutega bakamwambura ubuzima cyangwa se bakamukura ahandi bakaza kumwicira hano”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, ku murongo wa telefoni yahamije iby’iyi nkuru y’incamugongo, aho yavuze ko hatangiye iperereza ku rupfu rwa nyakwigendera nubwo imyirondoro ye itaramenyekana.

Yagize ati” Nibyo koko amakuru twayamenye, ku isaha ya Saa 6h00′ Nibwo abayobozi bo mu nzego zibanze mu Mudgudu wa Mugeyo Akagari k’Umuyange, mu Murenge wa Kagarama, baduhaye amakuru avuga ko hari umusore wishwe atewe ibyuma, Polisi rero ifatanyije n’izindi nzego yagezeyo isanga nibyo koko yishwe atewe ibyuma”.

CIP Gahonzire akomeza ati” Twahise dutangira iperereza ndetse hanafatwa ibimenyetso bya gihanga byunganira iperereza, umurambo we wahise ujyanywa mu Buruhukiro bw’Ibitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzumwa. Imyirondoro ye ntiyamenyekanye kuko ntabyangombwa yasanganywe ndetse turacyashakisha umuryango we”.

CIP Wellars Gahonzire yaboneyeho kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera no kwizeza ubutabera igihe abamwishe baboneka ndetse anahumuriza abaturage batuye muri kariya gace ndetse no mu gihugu muri rusange.

Gusa nanone abaturage bahatuye bo, bavuga ko ubuyobozi bukwiye guhagurukira ikibazo cy’umutekano muke waho bitewe nuko atari ubwa mbere hategerwa umuntu.

Previous Post

Nyarugenge: Umugore yahengereye Umugabo we asinziriye amumenaho isombe ishyushye

Next Post

Bugesera: Ikirombe cyagwiriye umugabo nyiracyo ategeka ko bigirwa ibanga

Next Post
Bugesera: Ikirombe cyagwiriye umugabo nyiracyo ategeka ko bigirwa ibanga

Bugesera: Ikirombe cyagwiriye umugabo nyiracyo ategeka ko bigirwa ibanga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved