• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abakinnyi bakinira Muhazi United inzara igiye kubatsinda mu nzu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 16, 2025
in Uncategorized
0
Abakinnyi bakinira Muhazi United inzara igiye kubatsinda mu nzu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Amakipe ya Muhazi United akina shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu mupira w’amaguru mu bagore n’abagabo, inzara iyamereye nabi nyuma y’aho bagiye kumara amezi ane badahembwa.

Abakinnyi baheruka umushahara mu Ukuboza 2024 ibituma batabaza umuhisi n’umugenzi kugira ngo babone amafaranga yo gutunga imiryango yabo.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Mu cyumweru gishize abakinnyi ba Muhazi United banze gukomeza imyitozo kubera ikibazo cy’amikoro bavugaga ko ubukene bubamereye nabi.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwagerageje kubaganiriza no gufasha bamwe, bubizeza ko buri gushakisha ariko na n’ubu ntakirakorwa.

Umwe mu bantu ba hafi muri iyi kipe yavuze ko ikipe iheruka guhemba mu Ukuboza 2024 kandi ko bageze aho rukomeye ku buryo nta gikozwe ikipe yazanasubira mu Cyiciro cya Kabiri.

Ati “Buri kwezi duhemba miliyoni 13 Frw ku ikipe y’abagabo n’aho ku bagore duhemba miliyoni 3 Frw. Ndagira ngo nkumenyeshe ko tumaze amezi atatu tugiye no kumara ukwa kane tudahemba.

Yakomeje agira ati “Ni ibintu bikomeye cyane, usanga n’iyo hari Akarere gatanga amafaranga gatanga miliyoni 5 Frw atanahemba ukwezi kumwe.’’

Hari umwe mu bakinnyi ba Muhazi United uherutse kuvuga ko bibabaje kuba uturere tubiri twarishyize hamwe ngo dufashe ikipe ariko bikaba biri kubananira.

Uyu mukinnyi yavuze ko ubwo yongeraga amasezerano bari bamwijeje ko ikibazo cy’amikoro kitazongera kubaho kuko iyi kipe izafashwa n’uturere tubiri ariko ngo bisa naho byasubiye inyuma.

Perezida wa Muhazi United, Nkaka Longin, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko ikibazo cy’amikoro muri iyi kipe gihari ariko ko bari kuvugana n’abaterankunga babo barimo Akarere ka Rwamagana na Kayonza kugira ngo gishakirwe umuti.

Yagize ati “Nta mafaranga dufite ngo duhembe, ubu dutegereje inkunga duhabwa n’uturere twa Kayonza na Rwamagana. Utu twose badufitiye amafaranga menshi batari baduha ariko nka Rwamagana yo badufitiye menshi niyo mpamvu turi gutinda guhemba ariko turizeza abakinnyi ko dukomeza gushakisha no kuvugana n’ubuyobozi bw’utu turere.’’

Nkaka yavuze ko kuri ubu nka komite aribo bari kwishakamo bimwe mu bifasha ikipe nko kuyitunga, gushaka uko igera ku myitozo kuri Sitade ya Ngoma, amazi y’abakinnyi n’ibindi nkenerwa byose ariko ko bizeye ko ubuyobozi bw’utu turere buzabatera inkunga vuba bishoboka.

Kuri ubu ikipe y’abagabo ya Muhazi United iri ku mwanya wa 12 muri shampiyona n’amanota 26, mu gihe iy’abagore ari iya gatandatu n’amanota 25 muri shampiyona

Ku wa Gatandatu, tariki ya 19 Mata 2025, Muhazi United izakira Rayon Sports kuri Stade ya Ngoma, mu mukino w’Umunsi wa 24 wa Rwanda Premier League.

Previous Post

RIB yataye muri yombi Ntazinda Erasme wari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza nyuma y’amasaha make akuwe ku nshingano ze

Next Post

NESA: ITANGAZO KU NGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIRWA MU GIHE CYO GUSUBIRA KU ISHURI MU GIHEMBWE CYA III UMWAKA W’AMASHURI WA 2024/2025

Next Post
NESA: ITANGAZO KU NGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIRWA MU GIHE CYO GUSUBIRA KU ISHURI MU GIHEMBWE CYA III UMWAKA W’AMASHURI WA 2024/2025

NESA: ITANGAZO KU NGENDO Z’ABANYESHURI BIGA BACUMBIKIRWA MU GIHE CYO GUSUBIRA KU ISHURI MU GIHEMBWE CYA III UMWAKA W’AMASHURI WA 2024/2025

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved